Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umubyinnyikazi ukunzwe mu Rwanda ahishuye bimwe abantu batamukekagaho (VIDEO)

radiotv10by radiotv10
17/05/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umubyinnyikazi ukunzwe mu Rwanda ahishuye bimwe abantu batamukekagaho (VIDEO)
Share on FacebookShare on Twitter

Uwayezu Divine benshi bazi nka Divine Uwa, umaze kuba ikimenyabose ku mbuga nkoranyambaga kubera imibyinire ye, avuga ko yakuze abyina mu rusengero aza kwisanga abyina imbyino zigezweho zirimo n’izo yabyiniye abahanzi mu mashusho y’indirimbo z’Isi.

Divine Uwa, mu kiganiro cyihariye yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko kuva mu bwana bwe, yakuze abyina indirimbo z’Imana mu rusengero, yagera hanze na y’inzu z’Imana, na bwo agakomeza kubyina.

Ati “Ni byo bintu nakuze niyumvamo, nkura mbikora, urumva ni impano yanjye.”

Avuga ko kubera imibyinire ye ndetse n’impano abantu bamubonagamo, yaje kwiyambazwa n’abahanzi ngo ababyinire mu mashusho y’indirimbo zabo, ari na ho yatangiye kwinjiza amafaranga aturutse muri uyu mwuga.

Ababyeyi be ntibabivugagaho rumwe, kuko umwe [Nyina] yari amushyigikiye ndetse, ariko undi [Se] atabyumvaga.

Ati “Yaravugaga ngo ‘reka reka’ ngo ‘ibyo bintu ni iby’ibirara’, ngo ‘ubwo wabaye indaya byarangiye.”

Avuga ko byanatumye agenda agirana ibibazo n’ababyeyi batumvaga ko uyu mwuga we wamutunga, kuko hari igihe yajyaga ajya kubyina, yagera mu rugo bwije bakanga kumukingurira.

Gusa uko yagiye abikuramo amafaranga, ababyeyi be bombi barabyumvise, ndetse bumva ko ari umwuga watunga umuntu. Ati “Ubu birantunze, nta kandi kazi nkora.”

 

Ba rusahuriramunduru ntibabura

Divine Uwa avuga ko nk’umukobwa atabura guhura n’imbogamizi muri uyu mwuga we, nko kuba hari abajya kumuha akazi, bakabanza gushaka kumunyuza mu nzira zitanoze, bamusaba ruswa y’igitsina.

Yatanze urugero rw’ibiherutse kumubaho, aho umugabo wari ugiye kumuha akazi, akamusaba ko bahurira muri hoteli, bagerayo, “arambwira ngo ‘sha njyewe nganirira gahunda z’akazi muri chambre [mu cyumba], ndavuga nti ‘ese ibintu wambwirira muri chambre urumva ari ho nagakwiye kujya’.”

Divine Uwa avuga ko nubwo izi mbogamizi zihari ndetse ari rusange ku bakobwa bakora uyu mwuga wo kubyina, ariko iyo bihagazeho n’ubundi batabura ababaha akazi kuko ari bo baba babakeneye.

IKIGANIRO MU MASHUSHO

AMAFOTO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Hatangajwe ibiri gukorerwa abimukira u Bwongereza buzohereza mu Rwanda n’ikizakorerwa abazabyanga

Next Post

Gahunda ya ‘Gerayo Amahoro’ yari imenyerewe ku batwara ibinyabiziga yanageze mu banyeshuri

Related Posts

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu rubanza rw’abaregwa gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni, barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, hasobanuwe ko uyu uzwi mu biganiro kuri YouTube,...

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuhanzi mu njyana ya gakondo, Lionel Sentore, yagaragaje ibyishimo yatewe no kongera guhura n’umubyeyi we bari bamaze imyaka 13 batabonana,...

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

by radiotv10
11/12/2025
0

Edouard Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda, yagiye gushyigikira umuhanzi Niyo Bosco, mu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko n’umugore...

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuhanzikazi Alyn Sano yabajijwe niba akiri isugi, abanza gutungurwa no kuba uwari ubimubajije atinyuka kubimubaza, amusubiza na we amubaza niba...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gahunda ya ‘Gerayo Amahoro’ yari imenyerewe ku batwara ibinyabiziga yanageze mu banyeshuri

Gahunda ya ‘Gerayo Amahoro’ yari imenyerewe ku batwara ibinyabiziga yanageze mu banyeshuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.