Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umubyinnyikazi ukunzwe mu Rwanda ahishuye bimwe abantu batamukekagaho (VIDEO)

radiotv10by radiotv10
17/05/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umubyinnyikazi ukunzwe mu Rwanda ahishuye bimwe abantu batamukekagaho (VIDEO)
Share on FacebookShare on Twitter

Uwayezu Divine benshi bazi nka Divine Uwa, umaze kuba ikimenyabose ku mbuga nkoranyambaga kubera imibyinire ye, avuga ko yakuze abyina mu rusengero aza kwisanga abyina imbyino zigezweho zirimo n’izo yabyiniye abahanzi mu mashusho y’indirimbo z’Isi.

Divine Uwa, mu kiganiro cyihariye yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko kuva mu bwana bwe, yakuze abyina indirimbo z’Imana mu rusengero, yagera hanze na y’inzu z’Imana, na bwo agakomeza kubyina.

Ati “Ni byo bintu nakuze niyumvamo, nkura mbikora, urumva ni impano yanjye.”

Avuga ko kubera imibyinire ye ndetse n’impano abantu bamubonagamo, yaje kwiyambazwa n’abahanzi ngo ababyinire mu mashusho y’indirimbo zabo, ari na ho yatangiye kwinjiza amafaranga aturutse muri uyu mwuga.

Ababyeyi be ntibabivugagaho rumwe, kuko umwe [Nyina] yari amushyigikiye ndetse, ariko undi [Se] atabyumvaga.

Ati “Yaravugaga ngo ‘reka reka’ ngo ‘ibyo bintu ni iby’ibirara’, ngo ‘ubwo wabaye indaya byarangiye.”

Avuga ko byanatumye agenda agirana ibibazo n’ababyeyi batumvaga ko uyu mwuga we wamutunga, kuko hari igihe yajyaga ajya kubyina, yagera mu rugo bwije bakanga kumukingurira.

Gusa uko yagiye abikuramo amafaranga, ababyeyi be bombi barabyumvise, ndetse bumva ko ari umwuga watunga umuntu. Ati “Ubu birantunze, nta kandi kazi nkora.”

 

Ba rusahuriramunduru ntibabura

Divine Uwa avuga ko nk’umukobwa atabura guhura n’imbogamizi muri uyu mwuga we, nko kuba hari abajya kumuha akazi, bakabanza gushaka kumunyuza mu nzira zitanoze, bamusaba ruswa y’igitsina.

Yatanze urugero rw’ibiherutse kumubaho, aho umugabo wari ugiye kumuha akazi, akamusaba ko bahurira muri hoteli, bagerayo, “arambwira ngo ‘sha njyewe nganirira gahunda z’akazi muri chambre [mu cyumba], ndavuga nti ‘ese ibintu wambwirira muri chambre urumva ari ho nagakwiye kujya’.”

Divine Uwa avuga ko nubwo izi mbogamizi zihari ndetse ari rusange ku bakobwa bakora uyu mwuga wo kubyina, ariko iyo bihagazeho n’ubundi batabura ababaha akazi kuko ari bo baba babakeneye.

IKIGANIRO MU MASHUSHO

AMAFOTO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − nine =

Previous Post

Hatangajwe ibiri gukorerwa abimukira u Bwongereza buzohereza mu Rwanda n’ikizakorerwa abazabyanga

Next Post

Gahunda ya ‘Gerayo Amahoro’ yari imenyerewe ku batwara ibinyabiziga yanageze mu banyeshuri

Related Posts

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

by radiotv10
29/11/2025
0

Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaramo umuhanzi B-Face w’i Burundi yumvikanamo avugamo amagambo y’ibitutsi ku Banyarwanda, byamenyekanye ko yabarwaniye ishyaka,...

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

by radiotv10
28/11/2025
0

Umuhanzi Ishimwe Prince uzwi nka Darest, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we, ku munsi umwe na Micky na AG Promoter na...

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

by radiotv10
28/11/2025
0

Ijambo ‘Nyash’ rigezweho muri iyi minsi by’umwihariko muri Afurika no mu Rwanda, aho rikoreshwa bashaka kuvuga ikibuno gishyitse ku mukobwa,...

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

Nyuma y’igitaramo cyashimangiye ko Umuco Nyarwanda ari inkingi nyamwamba Abanyakigali bararikiwe ibizabanyura

by radiotv10
28/11/2025
0

Nyuma y’iminsi mike habaye igitaramo cya Kigali Dutarame cyahuje abahanzi gakondo, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, yahuye na bamwe...

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Nyuma y’amaze abiri agaragaje umukunzi we akanamwambika impeta y’urukundo amusaba ko bazashyingiranwa,umuhanzi Niyo Bosco yashyize hanze amataliki y’ubukwe. “Imana izaha...

IZIHERUKA

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda
SIPORO

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

by radiotv10
30/11/2025
0

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

29/11/2025
Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

29/11/2025
Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda barimo Umunyamabanga Uhoraho muri MINAFFET

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda barimo Umunyamabanga Uhoraho muri MINAFFET

29/11/2025
Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

29/11/2025
Kayonza: Hari amahirwe yo kugura imodoka ari muri Koperative ihinga umuceri

Kayonza: Hari amahirwe yo kugura imodoka ari muri Koperative ihinga umuceri

29/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gahunda ya ‘Gerayo Amahoro’ yari imenyerewe ku batwara ibinyabiziga yanageze mu banyeshuri

Gahunda ya ‘Gerayo Amahoro’ yari imenyerewe ku batwara ibinyabiziga yanageze mu banyeshuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.