Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umubyinnyikazi ukunzwe mu Rwanda ahishuye bimwe abantu batamukekagaho (VIDEO)

radiotv10by radiotv10
17/05/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umubyinnyikazi ukunzwe mu Rwanda ahishuye bimwe abantu batamukekagaho (VIDEO)
Share on FacebookShare on Twitter

Uwayezu Divine benshi bazi nka Divine Uwa, umaze kuba ikimenyabose ku mbuga nkoranyambaga kubera imibyinire ye, avuga ko yakuze abyina mu rusengero aza kwisanga abyina imbyino zigezweho zirimo n’izo yabyiniye abahanzi mu mashusho y’indirimbo z’Isi.

Divine Uwa, mu kiganiro cyihariye yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko kuva mu bwana bwe, yakuze abyina indirimbo z’Imana mu rusengero, yagera hanze na y’inzu z’Imana, na bwo agakomeza kubyina.

Ati “Ni byo bintu nakuze niyumvamo, nkura mbikora, urumva ni impano yanjye.”

Avuga ko kubera imibyinire ye ndetse n’impano abantu bamubonagamo, yaje kwiyambazwa n’abahanzi ngo ababyinire mu mashusho y’indirimbo zabo, ari na ho yatangiye kwinjiza amafaranga aturutse muri uyu mwuga.

Ababyeyi be ntibabivugagaho rumwe, kuko umwe [Nyina] yari amushyigikiye ndetse, ariko undi [Se] atabyumvaga.

Ati “Yaravugaga ngo ‘reka reka’ ngo ‘ibyo bintu ni iby’ibirara’, ngo ‘ubwo wabaye indaya byarangiye.”

Avuga ko byanatumye agenda agirana ibibazo n’ababyeyi batumvaga ko uyu mwuga we wamutunga, kuko hari igihe yajyaga ajya kubyina, yagera mu rugo bwije bakanga kumukingurira.

Gusa uko yagiye abikuramo amafaranga, ababyeyi be bombi barabyumvise, ndetse bumva ko ari umwuga watunga umuntu. Ati “Ubu birantunze, nta kandi kazi nkora.”

 

Ba rusahuriramunduru ntibabura

Divine Uwa avuga ko nk’umukobwa atabura guhura n’imbogamizi muri uyu mwuga we, nko kuba hari abajya kumuha akazi, bakabanza gushaka kumunyuza mu nzira zitanoze, bamusaba ruswa y’igitsina.

Yatanze urugero rw’ibiherutse kumubaho, aho umugabo wari ugiye kumuha akazi, akamusaba ko bahurira muri hoteli, bagerayo, “arambwira ngo ‘sha njyewe nganirira gahunda z’akazi muri chambre [mu cyumba], ndavuga nti ‘ese ibintu wambwirira muri chambre urumva ari ho nagakwiye kujya’.”

Divine Uwa avuga ko nubwo izi mbogamizi zihari ndetse ari rusange ku bakobwa bakora uyu mwuga wo kubyina, ariko iyo bihagazeho n’ubundi batabura ababaha akazi kuko ari bo baba babakeneye.

IKIGANIRO MU MASHUSHO

AMAFOTO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

Hatangajwe ibiri gukorerwa abimukira u Bwongereza buzohereza mu Rwanda n’ikizakorerwa abazabyanga

Next Post

Gahunda ya ‘Gerayo Amahoro’ yari imenyerewe ku batwara ibinyabiziga yanageze mu banyeshuri

Related Posts

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru Fiona Mbabazi umaze imyaka ane asezeye igitangazamakuru yakoreraga, agiye kumvikana ku yindi radio yo mu Rwanda, imaze iminsi iri...

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamideli Isimbi Model yasangije abantu ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza yenda kwibaruka imfura ye n’umugabo we w’Umunya-Israel Shaul Hatzir bamaze...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Amateka yiyanditse mu myidagaruro yo mu Rwanda, nyuma yuko ibyifujwe na benshi bikanazamura impaka, bibaye. Nta bindi ni igitaramo cyahuriyemo...

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore w’umuhanzi The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IBYAMAMARE

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gahunda ya ‘Gerayo Amahoro’ yari imenyerewe ku batwara ibinyabiziga yanageze mu banyeshuri

Gahunda ya ‘Gerayo Amahoro’ yari imenyerewe ku batwara ibinyabiziga yanageze mu banyeshuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.