Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi uhetse ‘Afrobeat’ mu Rwanda wavuzwe mu bibazo na Label bakoranaga arashyize abivuzeho

radiotv10by radiotv10
10/05/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi uhetse ‘Afrobeat’ mu Rwanda wavuzwe mu bibazo na Label bakoranaga arashyize abivuzeho
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’Injyana ya ‘Afrobeats’ Mico The Best wigeze kuvugwaho kutajya imbizi n’inzu ya KIKAC bakoranaga, yavuze ko imikoranire yabo yarangiye, ndetse ko ubu yahuzwe kuzongera gukorana na Label ukundi.

Muri Mutarama uyu mwaka, havuzwe ibibazo byari biri hagati ya Mico The Best n’iyi Label ya KIKAC, twanaditseho inkuru bwa mbere nka RADIOTV10, aho byavugwaga ko harimo urunturuntu.

Byavugwaga ko uyu muhanzi ashaka kuyisezera kuko yabonaga harimo itonesha ryo kuba ubuyobozi bw’iyi Label bwaritaga ku muhanzi umwe, ndetse ntibunubahirize ibyari biri mu masezerano bagiranye.

Mico The Best ubu yemeye ko imikoranire ye n’iyi Label yarangiye, ndetse kubera ibibazo bagiranye yahise ahurwa kuzongera gukorana n’inzu ifasha abahanzi. Ati “Ubu byagorana ko hari uwansinyisha ngo ajye agenzura ibikorwa byanjye.”

Uyu muhanzi ufatwa nk’umwami wa Afrobeats mu Rwanda, avuga ko kuba umuhanzi yakwikorana bigoye ariko mu gihe byashoboka ntako byaba bisa. Ati “Kwikorana nubwo bigoye ariko byashoboka, ubu ngiye kubigerageza kandi bizakunda.”

Icyakora avuga ko nubwo atagikorana na KIKAC, ntacyo impande zombi zishinjanya, kuko amasezerano yabo yarangiye mu buryo bwumvikanyweho.

Mico The Best wamamaye mu ndirimbo zinyuranye zakunzwe nk’iyitwa ‘Igare’, ‘Umunamba’, yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘Nayanjye’.

Khamiss SANGO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 10 =

Previous Post

Tshisekedi yavuze icyemezo kidasanzwe azafatira ingabo za EAC ngo nizitajya mu mitsi na M23

Next Post

Igisubizo cya Minisitiri w’Ibidukikije ku bavuga ko Gaze ihenze

Related Posts

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

Producer ukiri muto mu Rwanda yegukanye igihembo gikomeye muri Afurika

by radiotv10
12/01/2026
0

Mugisha Fred Robinson uzwi nka Element Eleeh mu gutanganya umuziki no mu buhanzi, yegukanye igihembo cya Producer mwiza w’umwaka (Best...

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo cya Minisitiri w’Ibidukikije ku bavuga ko Gaze ihenze

Igisubizo cya Minisitiri w'Ibidukikije ku bavuga ko Gaze ihenze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.