Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi ukunzwe avuze ingingo ikomeye benshi birengagije ku bya Platini n’umugore we

radiotv10by radiotv10
05/05/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
1
Umuhanzi ukunzwe avuze ingingo ikomeye benshi birengagije ku bya Platini n’umugore we
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Dr. Thomas Muyombo uzwi nka Tom Close avuga ko niba ibibazo bivugwa kuri mugenzi we Platini n’umugore we, ari ukuri, afite ubushobozi bwo kubisohokamo, kandi ko bitazatungurana igihe bababarirana bakongera bakabana neza, mu gihe hari abatangiye kuvuga ko bagomba gutandukana.

Ni nyuma yuko umuryango w’umuhanzi Platini ugarutsweho cyane mu bitangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga, aho bivugwa ko uyu muhanzi afitanye ibibazo n’umugore we bishingiye ku kuba barasanze umwana byari bizwi ko babyaranye, ari uw’undi mugabo.

Amakuru kandi avuga ko ibi byatumye urugo rwa Platini P. n’umugore we Olivia, ruri mu nzira zo gutandukana, ndetse ko muri iki gihe batakibana.

Tom Close avuga ko ingo z’abasitari atari zo zisenyuka gusa, ahubwo ko kuba bazwi ari byo bituma bagarukwaho cyane, ariko ibibazo byo mu ngo biba mu byiciro byose.

Tom Close wabanye na Platini muri Label imwe ya Kina Music, avuga ko atari yaganira by’umwihariko n’uyu muhanzi mugenzi we ariko ko agendeye ku bivugwa mu itangazamakuru, biramutse ari byo, byaba ari ibyago.

Ati “Bibaye byarabaye kuriya, ibyago bigwira abagabo, bibaye bitarabaye kuriya, ni ukuvuga ngo abagabo nibo bavugwa.”

Umuhanzi Tom Close

Tom Close avuga ko ibi bivugwa kuri Platini bibaye ari ukuri, atari ijuru ryaba rimugwiriye kuko “njye nemera ko umugabo ahura n’ibibazo ashobora kugira uburyo yabyitwaramo.” Kandi ko iyo umuntu akiri muzima aba anashobora guhura n’ibibazo.

Ati “Njyewe Platini nzi, afite ubushobozi bwo kuba [ibi bintu bibaye ari byo] yashobora kubyitwaramo neza akabivamo.”

Agaruka ku bikomeje kuvugwa ku mbuga nkoranyambaga batangiye kuvuga kuri gatanya, bakirengagiza ko uru rugo rushobora kubasha kunyura muri ibi bibazo.

Ati “Byose birashoboka. Ejo mubonye basubiranye ntibizabatangaze. Hari abantu bagira umutima ubabarira. Mu Gihugu cyacu hari ababariye ababiciye babana na bo.”

Tom Close avuga ko niba ibibazo bivugwa kuri Platini ari ukuri, bikwiye kubera isomo abantu basanzwe, nkuko n’ubundi ibyamamare bibera urugero abandi, ariko bakirinda kumutaramana.

Platini n’umugore we bamaze iminsi bavugwaho ibibazo

RADIOTV10

Comments 1

  1. Uwimbabazi Badria says:
    3 years ago

    Ibyo yavuze ni ukuri rwose. Baramutse babiganiriyeho nk’abantu bakuru njye nizera ko nta kosa ritababarirwa mu gihe bombi baba bagikundana kandi bafite umugambi wo gukomeza inzira bari batangiye yo kubana. Ibibazo mu ngo byo ntibizashira ikiba gisabwa ni ukwihanganirana, gusabana imbabazi no kubabarirana. Baramutse basubiranye rwose byaba ari byiza. N’ubwo ibyabaye kuri Platin bigoye kubyumva ariko birashoboka nanone gukemuka binyuze mu kwicara hamwe bakabiganiraho byaba na ngombwa bakitabaza inshuti z’umuryango zikabafasha.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − seven =

Previous Post

Shampiyona irimo guhatana gukabije ku makipe y’amacyeba igarutse mu mahina

Next Post

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yageze i Burundi ahazabera inama yo hejuru ku bya Congo

Related Posts

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru Fiona Mbabazi umaze imyaka ane asezeye igitangazamakuru yakoreraga, agiye kumvikana ku yindi radio yo mu Rwanda, imaze iminsi iri...

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamideli Isimbi Model yasangije abantu ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza yenda kwibaruka imfura ye n’umugabo we w’Umunya-Israel Shaul Hatzir bamaze...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Amateka yiyanditse mu myidagaruro yo mu Rwanda, nyuma yuko ibyifujwe na benshi bikanazamura impaka, bibaye. Nta bindi ni igitaramo cyahuriyemo...

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore w’umuhanzi The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IBYAMAMARE

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yageze i Burundi ahazabera inama yo hejuru ku bya Congo

Minisitiri w’Intebe w'u Rwanda yageze i Burundi ahazabera inama yo hejuru ku bya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.