Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi ukunzwe avuze ingingo ikomeye benshi birengagije ku bya Platini n’umugore we

radiotv10by radiotv10
05/05/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
1
Umuhanzi ukunzwe avuze ingingo ikomeye benshi birengagije ku bya Platini n’umugore we
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Dr. Thomas Muyombo uzwi nka Tom Close avuga ko niba ibibazo bivugwa kuri mugenzi we Platini n’umugore we, ari ukuri, afite ubushobozi bwo kubisohokamo, kandi ko bitazatungurana igihe bababarirana bakongera bakabana neza, mu gihe hari abatangiye kuvuga ko bagomba gutandukana.

Ni nyuma yuko umuryango w’umuhanzi Platini ugarutsweho cyane mu bitangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga, aho bivugwa ko uyu muhanzi afitanye ibibazo n’umugore we bishingiye ku kuba barasanze umwana byari bizwi ko babyaranye, ari uw’undi mugabo.

Amakuru kandi avuga ko ibi byatumye urugo rwa Platini P. n’umugore we Olivia, ruri mu nzira zo gutandukana, ndetse ko muri iki gihe batakibana.

Tom Close avuga ko ingo z’abasitari atari zo zisenyuka gusa, ahubwo ko kuba bazwi ari byo bituma bagarukwaho cyane, ariko ibibazo byo mu ngo biba mu byiciro byose.

Tom Close wabanye na Platini muri Label imwe ya Kina Music, avuga ko atari yaganira by’umwihariko n’uyu muhanzi mugenzi we ariko ko agendeye ku bivugwa mu itangazamakuru, biramutse ari byo, byaba ari ibyago.

Ati “Bibaye byarabaye kuriya, ibyago bigwira abagabo, bibaye bitarabaye kuriya, ni ukuvuga ngo abagabo nibo bavugwa.”

Umuhanzi Tom Close

Tom Close avuga ko ibi bivugwa kuri Platini bibaye ari ukuri, atari ijuru ryaba rimugwiriye kuko “njye nemera ko umugabo ahura n’ibibazo ashobora kugira uburyo yabyitwaramo.” Kandi ko iyo umuntu akiri muzima aba anashobora guhura n’ibibazo.

Ati “Njyewe Platini nzi, afite ubushobozi bwo kuba [ibi bintu bibaye ari byo] yashobora kubyitwaramo neza akabivamo.”

Agaruka ku bikomeje kuvugwa ku mbuga nkoranyambaga batangiye kuvuga kuri gatanya, bakirengagiza ko uru rugo rushobora kubasha kunyura muri ibi bibazo.

Ati “Byose birashoboka. Ejo mubonye basubiranye ntibizabatangaze. Hari abantu bagira umutima ubabarira. Mu Gihugu cyacu hari ababariye ababiciye babana na bo.”

Tom Close avuga ko niba ibibazo bivugwa kuri Platini ari ukuri, bikwiye kubera isomo abantu basanzwe, nkuko n’ubundi ibyamamare bibera urugero abandi, ariko bakirinda kumutaramana.

Platini n’umugore we bamaze iminsi bavugwaho ibibazo

RADIOTV10

Comments 1

  1. Uwimbabazi Badria says:
    3 years ago

    Ibyo yavuze ni ukuri rwose. Baramutse babiganiriyeho nk’abantu bakuru njye nizera ko nta kosa ritababarirwa mu gihe bombi baba bagikundana kandi bafite umugambi wo gukomeza inzira bari batangiye yo kubana. Ibibazo mu ngo byo ntibizashira ikiba gisabwa ni ukwihanganirana, gusabana imbabazi no kubabarirana. Baramutse basubiranye rwose byaba ari byiza. N’ubwo ibyabaye kuri Platin bigoye kubyumva ariko birashoboka nanone gukemuka binyuze mu kwicara hamwe bakabiganiraho byaba na ngombwa bakitabaza inshuti z’umuryango zikabafasha.

    Reply

Leave a Reply to Uwimbabazi Badria Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − eight =

Previous Post

Shampiyona irimo guhatana gukabije ku makipe y’amacyeba igarutse mu mahina

Next Post

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yageze i Burundi ahazabera inama yo hejuru ku bya Congo

Related Posts

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

by radiotv10
24/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasabye urubyiruko ruhanganisha abahanzi The Ben na Bruce Melodie kubihagarika, yemeza ko kuri...

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Sengabo Jean Bosco uzwi nka ‘Fatakumavuta’ wakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu, ubura amezi ane ngo akirangize, yasezeranyije...

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

by radiotv10
22/12/2025
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah; yatangaje ko azitabira igitaramo ‘The Nu-Year Groove’ kizaririmbamo The Ben na Bruce...

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk, yatawe muri yombi nyuma yo kugonga umwe mu bapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda...

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi uzwiho ubuhanga mu gusoma amakuru kuri Televiziyo, yatangaje itariki azakoreraho ubukwe n’umukunzi we. Uyu munyamakuru ukorera...

IZIHERUKA

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi
MU RWANDA

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yageze i Burundi ahazabera inama yo hejuru ku bya Congo

Minisitiri w’Intebe w'u Rwanda yageze i Burundi ahazabera inama yo hejuru ku bya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.