Tuesday, February 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi ukunzwe avuze ingingo ikomeye benshi birengagije ku bya Platini n’umugore we

radiotv10by radiotv10
05/05/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
1
Umuhanzi ukunzwe avuze ingingo ikomeye benshi birengagije ku bya Platini n’umugore we
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Dr. Thomas Muyombo uzwi nka Tom Close avuga ko niba ibibazo bivugwa kuri mugenzi we Platini n’umugore we, ari ukuri, afite ubushobozi bwo kubisohokamo, kandi ko bitazatungurana igihe bababarirana bakongera bakabana neza, mu gihe hari abatangiye kuvuga ko bagomba gutandukana.

Ni nyuma yuko umuryango w’umuhanzi Platini ugarutsweho cyane mu bitangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga, aho bivugwa ko uyu muhanzi afitanye ibibazo n’umugore we bishingiye ku kuba barasanze umwana byari bizwi ko babyaranye, ari uw’undi mugabo.

Amakuru kandi avuga ko ibi byatumye urugo rwa Platini P. n’umugore we Olivia, ruri mu nzira zo gutandukana, ndetse ko muri iki gihe batakibana.

Tom Close avuga ko ingo z’abasitari atari zo zisenyuka gusa, ahubwo ko kuba bazwi ari byo bituma bagarukwaho cyane, ariko ibibazo byo mu ngo biba mu byiciro byose.

Tom Close wabanye na Platini muri Label imwe ya Kina Music, avuga ko atari yaganira by’umwihariko n’uyu muhanzi mugenzi we ariko ko agendeye ku bivugwa mu itangazamakuru, biramutse ari byo, byaba ari ibyago.

Ati “Bibaye byarabaye kuriya, ibyago bigwira abagabo, bibaye bitarabaye kuriya, ni ukuvuga ngo abagabo nibo bavugwa.”

Umuhanzi Tom Close

Tom Close avuga ko ibi bivugwa kuri Platini bibaye ari ukuri, atari ijuru ryaba rimugwiriye kuko “njye nemera ko umugabo ahura n’ibibazo ashobora kugira uburyo yabyitwaramo.” Kandi ko iyo umuntu akiri muzima aba anashobora guhura n’ibibazo.

Ati “Njyewe Platini nzi, afite ubushobozi bwo kuba [ibi bintu bibaye ari byo] yashobora kubyitwaramo neza akabivamo.”

Agaruka ku bikomeje kuvugwa ku mbuga nkoranyambaga batangiye kuvuga kuri gatanya, bakirengagiza ko uru rugo rushobora kubasha kunyura muri ibi bibazo.

Ati “Byose birashoboka. Ejo mubonye basubiranye ntibizabatangaze. Hari abantu bagira umutima ubabarira. Mu Gihugu cyacu hari ababariye ababiciye babana na bo.”

Tom Close avuga ko niba ibibazo bivugwa kuri Platini ari ukuri, bikwiye kubera isomo abantu basanzwe, nkuko n’ubundi ibyamamare bibera urugero abandi, ariko bakirinda kumutaramana.

Platini n’umugore we bamaze iminsi bavugwaho ibibazo

RADIOTV10

Comments 1

  1. Uwimbabazi Badria says:
    3 years ago

    Ibyo yavuze ni ukuri rwose. Baramutse babiganiriyeho nk’abantu bakuru njye nizera ko nta kosa ritababarirwa mu gihe bombi baba bagikundana kandi bafite umugambi wo gukomeza inzira bari batangiye yo kubana. Ibibazo mu ngo byo ntibizashira ikiba gisabwa ni ukwihanganirana, gusabana imbabazi no kubabarirana. Baramutse basubiranye rwose byaba ari byiza. N’ubwo ibyabaye kuri Platin bigoye kubyumva ariko birashoboka nanone gukemuka binyuze mu kwicara hamwe bakabiganiraho byaba na ngombwa bakitabaza inshuti z’umuryango zikabafasha.

    Reply

Leave a Reply to Uwimbabazi Badria Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − one =

Previous Post

Shampiyona irimo guhatana gukabije ku makipe y’amacyeba igarutse mu mahina

Next Post

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yageze i Burundi ahazabera inama yo hejuru ku bya Congo

Related Posts

Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

by radiotv10
16/02/2026
0

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo avuga kuri mugenzi we Musangamfura Christian uzwi nka...

Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze ‘Moshios’ yagarutse imbere y’Urukiko

Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze ‘Moshios’ yagarutse imbere y’Urukiko

by radiotv10
16/02/2026
0

Umuhanga mu buhanzi bw’imideri, Moses Turahirwa wanashinze inzu y’imideri ya Moshions izwiho kwambika abakomeye, yitabye Urukiko ngo aburane ku bujurire...

Agezweho mu myidagaduro: Umuhanzikazi Marina yatunguriwe ku rubyiniro na Yvan Muziki ahamwambikira impeta

Agezweho mu myidagaduro: Umuhanzikazi Marina yatunguriwe ku rubyiniro na Yvan Muziki ahamwambikira impeta

by radiotv10
14/02/2026
0

Umuhanzi Yvan Muziki yatunguye mugenzi we Marina, amwambikira impeta y’urukundo ku rubyiniro ubwo yaririmbaga mu gitaramo yamurikiyemo album ye “Inganzo...

Umunyarwenya ‘Nyamabondo’ yahishuye uko yiyise Umunyamulenge abyizeyemo amakiriro bikarangira bitumye afungwa

Umunyarwenya ‘Nyamabondo’ yahishuye uko yiyise Umunyamulenge abyizeyemo amakiriro bikarangira bitumye afungwa

by radiotv10
13/02/2026
0

Umunyarwenya Manirakiza Placide uzwi nka ‘Nyamabondo’ yatangaje ko yamaze imyaka irindwi afunzwe azira amanyanga yo kwiyita Umunyamulenge, ashaka ko bimucira...

Ubutumwa bw’ibyishimo bw’umunyamakuru Robert McKenna nyuma yo kwambika impeta umukunzi we

Ubutumwa bw’ibyishimo bw’umunyamakuru Robert McKenna nyuma yo kwambika impeta umukunzi we

by radiotv10
13/02/2026
0

Umunyamakuru Robert Cyubahiro McKenna yagaragaje akanyamuneza yatewe n’intambwe yateye mu rukundo nyuma yo kwambika impeta umukunzi bitegura kurushingana. Uyu munyamakuru...

IZIHERUKA

Ejo Heza yashimangiye umuco wo kwizigamira mu bamotari ku nyungu ya 12%
IMIBEREHO MYIZA

Ejo Heza yashimangiye umuco wo kwizigamira mu bamotari ku nyungu ya 12%

by radiotv10
16/02/2026
0

Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

16/02/2026
Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

16/02/2026
Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

16/02/2026
Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

16/02/2026
Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

16/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yageze i Burundi ahazabera inama yo hejuru ku bya Congo

Minisitiri w’Intebe w'u Rwanda yageze i Burundi ahazabera inama yo hejuru ku bya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ejo Heza yashimangiye umuco wo kwizigamira mu bamotari ku nyungu ya 12%

Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.