• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umuhanzi ukunzwe muri Gospel Nyarwanda yahishuye amarangamutima yatewe n’indirimbo ye nshya

radiotv10by radiotv10
22/02/2024
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi ukunzwe muri Gospel Nyarwanda yahishuye amarangamutima yatewe n’indirimbo ye nshya
Share on FacebookShare on Twitter

Jean Christian Irimbere uri mu bahanzi bamaze kubaka izina mu bahanzi baririmba indirimbo zo guhimbaza Imana, yavuze ko ubwo yandikaga indirimbo ye nshya, yageze aho akaganzwa n’amarangamutima akarira.

Uyu muhanzi wamenyekanye mu ndirimbo zirimo iyitwa ‘Ndi hano’, aherutse gushyira hanze indirimbo yise ‘Warahabaye’, yakoze benshi ku mutima.

Mu kiganiro yagiranye na RAIDIOTV10, Christian Irimbere yavuze ko iyi ndirimbo ye nshya na we yamukoze ku mutima, kuva yatangira kuyandika.

Yagize ati “Ibaze indirimbo natangiye ndi kurira! Ni ndirimbo nziza kuko ifatanye n’ubuhamya bwanjye. Hari ukuntu Imana iguha indirimbo ugasanga ifite aho ihuriye n’ubuhamya bwawe.”

Uyu muhanzi avuga ko muri iyi ndirimbo agaragazamo uburyo butandukanye Imana yagiye ibana na we mu bihe bigoye nko mu burwayi no mu bukene.

Gusa nubwo yakoze benshi ku mutima, hari abamwibutsa ibyo atashyizemo. Ati “Hari umuntu wanyandikiye mu bayumvise arambaza ngo none se ko mu bupfubyi utavuze ko Imana yahabaye bisobanuye ko na we yumvise ari indirimbo ye.”

Jean Christian Irimbere kandi afite izindi ndirimbo zakoze benshi ku mutima nk’iyi yise Oligado, Ngwino, Birakumvira, Ni Yesu n’indi yitwa Ndi Hano.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 16 =

Previous Post

Hamenyekanye icyateye inkongi yibasiye inyubako muri kaminuza ya Kibogora Polytechnic

Next Post

Muhanga: Abagabo batatu baguwe gitumo bari gukora amanyanga kuri moto zibwe

Related Posts

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Next Post

Muhanga: Abagabo batatu baguwe gitumo bari gukora amanyanga kuri moto zibwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.