Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi wari wasezeranye n’umukinnyikazi wa Film Bijoux bwa mbere avuze ku itandukana ryabo

radiotv10by radiotv10
12/05/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
3
Umuhanzi wari wasezeranye n’umukinnyikazi wa Film Bijoux bwa mbere avuze ku itandukana ryabo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Lionel Sentore wavuzweho gutandukana n’umukinnyikazi wa Film Bijoux bari bamaranye igihe gito basezeranye kubana nk’umugore n’umugabo, bwa mbere yabivuzeho birambuye, ahishura icyatumye biyemeza gutandukana.

Mu ntangiro za 2020, umuhanzi Lionel Sentore usanzwe uba ku Mugabane w’u Burayi na Munezero Aline uzwi nka Bijoux muri sinema nyarwanda, bakoze ubukwe, basezerana imbere y’itorero, mu birori binogeye ijisho byanatashywe n’ibyamamare mu Rwanda byiganjemo abazwi muri sinema.

Nyuma byaje kuvugwa ko batandukanye ariko bombi birinda kugira icyo babitangazaho mu itangazamakuru, ariko abari bazi ibyabo, bahamyaga ko iyo nkuru ari impamo.

Bwa mbere uyu muhanzi yavuze birambuye ku by’aya makuru, ahamya ko yatandukanye na Bijoux bari basezeranye kubana nk’umugore n’umugabo.

Aganira na YouTube Channel ya Isimbi TV, Sentore yagize ati “Ibyabaye byarabaye, ubu mfite ubuzima bwanjye […] icyabaye ni uko tutumvikanye.”

Umunyamakuru yahise amubaza icyatumye batandukana nyuma y’igihe gito bakoze ubukwe nta n’icyumweru cyari gishize, asubiza agira ati “Kutumvikana n’umuntu haba hakubiyemo ibintu byinshi, ntabwo najya muri byinshi…ntimwabonye amafoto? Twakoze ubukwe, ubukwe burangiye ntitwakumvikana, ibyanjye na we birarangira. Ubu afite ubuzima bwe nanjye mfite ubwanjye.”

Yemera ko nyuma y’ubukwe babanye igihe gito, anagaruka ku byagiye bivugwa biri mu byatumye batandukana birimo kuba yarasanze atwite inda itari iye, ndetse umugore na we agasanga uyu muhanzi adafite ibyangombwa byari gutuma abasha kumusanga i Burayi kandi ngo byari mu ntego zo kugira ngo basezerane.

Ati “Ahubwo naje gusanga yarabyaye si ibyo gutwita gusa […] none se ajya kuvuga ngo nta mpapuro mfite, iyo nje nca mu bwato, nca mu mazi nca hehe?”

Sentore avuga ko we adashobora kuvuga nabi uyu mugore bari basezeranye kabone nubwo we yamuvuga nabi.

Uyu muhanzi avuga ko aticuza ibi byamubayeho kuko yizera ko ibintu byose yaba ibyiza n’ibibi, bibaho kubera impamvu n’igeno ry’Imana.

Bari bakoze ubukwe bwiza

RADIOTV10

Comments 3

  1. Kayitare Rogers says:
    3 years ago

    Rwose uri umuntu wumugabo ntampamvu yogusebanya nuwo wigeze gukunda niyo we yagusebya aba yibeshya kko niwe uba yishyira hanze bro courage kora ikofi ibindi ubirekare abavuga bazasanga warateye imbere bakiri mumatiku

    Reply
    • Emmanuel says:
      3 years ago

      Uvuze ukuri kbs

      Reply
  2. Nsengiyumva Thomas says:
    3 years ago

    Ntampamvu yokwandagaza uwa wariwarakunze rwose urumugabo ndakwemeye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yageze i Rubavu ahashegeshwe n’ibiza

Next Post

Amakuru mashya ku kindi gikombe gikomeye mu Rwanda gihatanirwa n’amakipe anahatanira Shampiyona

Related Posts

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Nzayisenga Modeste uzwi nk'Umupfumu Rutangarwamaboko, yahanuye umubyeyi w’umwana umwe, Uwicyeza Pamella akaba umugore w’umuhanzi The Ben wagaragaye yambaye umwenda ugaragaza...

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

by radiotv10
31/12/2025
0

Hatangajwe ahantu hazaturikirizwa ibishashi mu rwego rwo kwishimira umwaka mushya wa 2026 ubura amasaha ngo ugere, harimo aho abantu bateganyirijwe...

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

by radiotv10
30/12/2025
0

Ishami rya Polisi ya Nigeria Rishinzwe umutekano wo mu muhanda (FRSC) ryemeje ko umuvuduko ukabije no kunyuranaho ari byo byateje...

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

Abahanzi barimo uw’ikirangirire muri Afurika bazafasha Abanyakigali kurangiza umwaka bahasesekaye

by radiotv10
30/12/2025
0

Abahanzi Ali Kiba wo muri Tanzania uri mu bafite izina rikomeye muri Afurika y’Iburasirazuba, na Shaffy; bageze mu Rwanda kwitegura...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Abarimo umunyamakuru ‘Djihad’ bakurikiranyweho amashusho y’urukozasoni baragaruka imbere y’Urukiko

by radiotv10
29/12/2025
0

Abantu bane barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, bakurikiranyweho gusakaza amashusho y'urukozasoni y'umuhanzi 'Yampano', baherutse gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by'agateganyo,...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku kindi gikombe gikomeye mu Rwanda gihatanirwa n’amakipe anahatanira Shampiyona

Amakuru mashya ku kindi gikombe gikomeye mu Rwanda gihatanirwa n’amakipe anahatanira Shampiyona

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.