Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi wari wasezeranye n’umukinnyikazi wa Film Bijoux bwa mbere avuze ku itandukana ryabo

radiotv10by radiotv10
12/05/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
3
Umuhanzi wari wasezeranye n’umukinnyikazi wa Film Bijoux bwa mbere avuze ku itandukana ryabo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Lionel Sentore wavuzweho gutandukana n’umukinnyikazi wa Film Bijoux bari bamaranye igihe gito basezeranye kubana nk’umugore n’umugabo, bwa mbere yabivuzeho birambuye, ahishura icyatumye biyemeza gutandukana.

Mu ntangiro za 2020, umuhanzi Lionel Sentore usanzwe uba ku Mugabane w’u Burayi na Munezero Aline uzwi nka Bijoux muri sinema nyarwanda, bakoze ubukwe, basezerana imbere y’itorero, mu birori binogeye ijisho byanatashywe n’ibyamamare mu Rwanda byiganjemo abazwi muri sinema.

Nyuma byaje kuvugwa ko batandukanye ariko bombi birinda kugira icyo babitangazaho mu itangazamakuru, ariko abari bazi ibyabo, bahamyaga ko iyo nkuru ari impamo.

Bwa mbere uyu muhanzi yavuze birambuye ku by’aya makuru, ahamya ko yatandukanye na Bijoux bari basezeranye kubana nk’umugore n’umugabo.

Aganira na YouTube Channel ya Isimbi TV, Sentore yagize ati “Ibyabaye byarabaye, ubu mfite ubuzima bwanjye […] icyabaye ni uko tutumvikanye.”

Umunyamakuru yahise amubaza icyatumye batandukana nyuma y’igihe gito bakoze ubukwe nta n’icyumweru cyari gishize, asubiza agira ati “Kutumvikana n’umuntu haba hakubiyemo ibintu byinshi, ntabwo najya muri byinshi…ntimwabonye amafoto? Twakoze ubukwe, ubukwe burangiye ntitwakumvikana, ibyanjye na we birarangira. Ubu afite ubuzima bwe nanjye mfite ubwanjye.”

Yemera ko nyuma y’ubukwe babanye igihe gito, anagaruka ku byagiye bivugwa biri mu byatumye batandukana birimo kuba yarasanze atwite inda itari iye, ndetse umugore na we agasanga uyu muhanzi adafite ibyangombwa byari gutuma abasha kumusanga i Burayi kandi ngo byari mu ntego zo kugira ngo basezerane.

Ati “Ahubwo naje gusanga yarabyaye si ibyo gutwita gusa […] none se ajya kuvuga ngo nta mpapuro mfite, iyo nje nca mu bwato, nca mu mazi nca hehe?”

Sentore avuga ko we adashobora kuvuga nabi uyu mugore bari basezeranye kabone nubwo we yamuvuga nabi.

Uyu muhanzi avuga ko aticuza ibi byamubayeho kuko yizera ko ibintu byose yaba ibyiza n’ibibi, bibaho kubera impamvu n’igeno ry’Imana.

Bari bakoze ubukwe bwiza

RADIOTV10

Comments 3

  1. Kayitare Rogers says:
    3 years ago

    Rwose uri umuntu wumugabo ntampamvu yogusebanya nuwo wigeze gukunda niyo we yagusebya aba yibeshya kko niwe uba yishyira hanze bro courage kora ikofi ibindi ubirekare abavuga bazasanga warateye imbere bakiri mumatiku

    Reply
    • Emmanuel says:
      3 years ago

      Uvuze ukuri kbs

      Reply
  2. Nsengiyumva Thomas says:
    3 years ago

    Ntampamvu yokwandagaza uwa wariwarakunze rwose urumugabo ndakwemeye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − seven =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yageze i Rubavu ahashegeshwe n’ibiza

Next Post

Amakuru mashya ku kindi gikombe gikomeye mu Rwanda gihatanirwa n’amakipe anahatanira Shampiyona

Related Posts

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

by radiotv10
23/01/2026
0

Umuhanzi Bruce Melodie ukunze kwiyita ‘Munyakazi’, nyuma y’amasaha macye ahagurutse i Kigali akerecyeza i Nairobi muri Kenya mu bikorwa byo...

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

by radiotv10
23/01/2026
0

Life can be stressful. School, work, social life, and responsibilities can make anyone feel tired or overwhelmed. One simple way...

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

There are moments when someone feels sad, lonely, or stressed, and words are not enough to make them feel better....

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku kindi gikombe gikomeye mu Rwanda gihatanirwa n’amakipe anahatanira Shampiyona

Amakuru mashya ku kindi gikombe gikomeye mu Rwanda gihatanirwa n’amakipe anahatanira Shampiyona

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.