Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzikazi wamenyekanye muri ‘Gospel’ Nyarwanda yahishuye ibyigeze kumusigira igikomere atazibagirwa

radiotv10by radiotv10
05/04/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzikazi wamenyekanye muri ‘Gospel’ Nyarwanda yahishuye ibyigeze kumusigira igikomere atazibagirwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi Liliane Kabaganza uri mu bamenyekanye cyane mu ndirimbo zaririmbiwe Imana, yatangaje ibyamubayeho atwite inda ya mbere, byatumye ivamo, ari na byo byashibutsemo igitekerezo cy’indirimbo yise ‘Ejo ni heza’.

Liliane Kabaganza waririmbye indirimbo zamenyekanye mu Rwanda mu gihe cyo hambere, asigaye atuye muri Kenya, akaba aherutse kuza mu Rwanda gushyigikira mugenzi we Tonzi mu gitaramo yamurikiyemo album ye.

Uyu muhanzikazi Kagabaganza, ubwo yari muri iki gitaramo, yanasangije abakitabiriye ibihe bigoye yigeze kunyuramo, ubwo yari atwite inda ye ya mbere.

Yagize ati “Maze iminsi micye nkoze ubukwe ubwo nari ntwite inda ya mbere, nagize uburibwe ndi mu nzira, nsaba ubufasha barabunyima.”

Yakomeje agira ati “Hari uwo nasabye n’ijana ntiyarimpa. Hari umudamu wari uri aho hafi musabye lifuti arayinyima, naje kwihangana ndataha ngeze mu rugo umugabo amafasha ibishoboka byose ariko n’ubundi ya nda yavuyemo ntakundi.”

Kabaganza yavuze ko uwo wamwimye Lifuti, baje guhura hashize imyaka yarakennye, avuga ko Imana ihindura abihebye n’abahuye nk’ibyo yahuye na byo.

Avuga ko Imana yaje kumusubiza, nubwo yanyuze muri ibyo bihe bigoye, ku buryo uru rugendo ari rwo rwashibutsemo igitekerezo cy’indirimbo ‘Ejo ni heza’ yashyize hanze mu mwaka wa 2020.

Kabaganza amaze imyaka myinshi azwi n’abakunzi b’indirimbo zihimbaza Imana, kuva nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba yararirimbye muri korali Rehoboth, nyuma akaza kuririmba ku giti cye.

Liliane Kabaganza ni umwe mu bahanzi bamamaye mu Rwanda muri Gospel

Esther FIFI UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Hashyizwe hanze gahunda yo gusezera ku mutoza wa APR wapfuye urupfu rukiri urujijo

Next Post

Perezida wa Czech uzifatanya n’Abanyarwanda mu Kwibuka30 aragera mu Rwanda

Related Posts

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

by radiotv10
23/01/2026
0

Umuhanzi Bruce Melodie ukunze kwiyita ‘Munyakazi’, nyuma y’amasaha macye ahagurutse i Kigali akerecyeza i Nairobi muri Kenya mu bikorwa byo...

IZIHERUKA

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ntibivugwaho rumwe
MU RWANDA

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ntibivugwaho rumwe

by radiotv10
28/01/2026
0

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

28/01/2026
Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida wa Czech uzifatanya n’Abanyarwanda mu Kwibuka30 aragera mu Rwanda

Perezida wa Czech uzifatanya n’Abanyarwanda mu Kwibuka30 aragera mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ntibivugwaho rumwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.