Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzikazi w’ikirangirire yavuze ibanga ryumvikanamo ikiniga amaranye imyaka 20

radiotv10by radiotv10
19/10/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzikazi w’ikirangirire yavuze ibanga ryumvikanamo ikiniga amaranye imyaka 20
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi, Britney Spears, nyuma y’imyaka irenga 20 akuyemo inda yari yatewe n’umuhanzi Justin Timberlake bakundanaga, yatangaje icyabiteye, cyakomeje kumubera umutwaro uremereye.

Britney Spears na Justin Timberlake bakundanye bakiri bato hagati y’umwaka 1999 na 2002, aho uyu muhanzikazi yanaje gutwita inda y’uyu wari umukunzi we.

Mu gitabo cya Britney Spears agiye gushyira hanze yise ‘The Woman in Me’ (Umugore muri njye), kigaragaza bimwe mu byaranze ubuzima bwe birimo n’iby’urukundo rwe na Justin Timberlake n’uburyo yasamye inda ye akayikuramo.

Yagize ati “Byarantunguye ariko kuri njye ntabwo byari amahano. Nakundaga Justin cyane. Nahoraga ntekereza ko umunsi umwe tuzagira umuryango biciye muri uwo mwana nari ntwite.”

Akomeza agira ati “Ariko Justin rwose ntabwo yishimiye gutwita. Yavuze ko tutari twiteguye kubyara kuko twari tukiri bato cyane.”

Britney Spears avuga ko ibi ari na byo byatumye akuramo iyi nda yari yatewe n’umukunzi we yabonagamo umugabo we w’ahazaza.

Abafana b’uyu muhanzikazi byatumye bibaza kuri amwe mu magambo yagiye akoresha mu ndirimbo kandi bemeza ko bashobora kuba baravugaga kuri iyi nda yakuwemo n’uyu muhanzi, nk’aho asaba imbabazi umwana utaravutse kikaba ari nacyo cyanarangije umubano we na Timberlake. Banavuga ko indirimbo ye ‘Everytime’ na yo ikubiyemo ibyerekeye gukuramo iriya nda.

Britney Spears yanavuze ko atashakaga gukuramo iri nda ahubwo yabitewe n’ubwoba bwa Timberlake

Ati “Timberlake yambwiye ko nindamuka nyikuyemo azansiga. Nubwo njye ntashakaga kuyikuramo ariko narabikoze, kuri uyu munsi ni cyo kintu gikomeje kunsenya ibitekerezo ni nacyo kintu cyaba cyarambabaje mu buzima bwanjye bwose.”

Uyu muhanzikazi nubwo yakuyemo inda ya Justin Timberlake nyuma yaje kubyara abana babiri b’abahungu, uwitwa Sean Preston na Jayden James, gusa urushako ntirwamuhiriye kuko amaze gushaka abagabo gatatu bikarangira batandukanye.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 13 =

Previous Post

M23 yabaye nk’icira umugani Tshisekedi imwibutsa ingingo yibeshyeho

Next Post

Umwana wazamuriye benshi amarangamutima bivugwa ko yarenganyijwe yatangiye gusekerwa n’andi mahirwe

Related Posts

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Bosco Nshuti uri mu bitaramo bizenguruka u Burayi, yararikiye abatuye muri Finland kwitegura...

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

by radiotv10
05/06/2025
0

Karomba Gaël uzwi nka Coach Gaël mu ishoramari ry’imyidagaduro mu Rwanda, uherutse gutangaza ko yifuza kuzana mu Rwanda umuhanzi Chris...

Ibivugwa nyuma yuko umuhanzi Kenny Sol asezeye muri Label ya 1:55 AM

Ibivugwa nyuma yuko umuhanzi Kenny Sol asezeye muri Label ya 1:55 AM

by radiotv10
03/06/2025
0

Nyuma yuko umuhanzi Kenny Sol asezeye mu nzu ifasha abahanzi ya 1: 55 AM, biravugwa ko yaba agiye kwerecyeza muri...

Umuhanzi Nyarwanda uherutse guca amarenga yo kuva muri ‘Label’ yamufashaga byarangiye afashe icyemezo

Umuhanzi Nyarwanda uherutse guca amarenga yo kuva muri ‘Label’ yamufashaga byarangiye afashe icyemezo

by radiotv10
03/06/2025
0

Umuhanzi Kenny Sol yamaze gutandukana n’inzu ifasha abahanzi ya 1:55 AM, nyuma yo kubicaho amarenga ko ashobora kuba agiye kuyivamo....

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

by radiotv10
31/05/2025
0

Ibitaramo bizenguruka Igihugu mu iserukiramuco rizwi nka ‘MTN-Iwacu Muzika Festival’ bigiye kongera kuba nk’uko byatangajwe n’abasanzwe babitegura. Sosiyete ya EAP...

IZIHERUKA

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

by radiotv10
07/06/2025
0

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwana wazamuriye benshi amarangamutima bivugwa ko yarenganyijwe yatangiye gusekerwa n’andi mahirwe

Umwana wazamuriye benshi amarangamutima bivugwa ko yarenganyijwe yatangiye gusekerwa n’andi mahirwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.