Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

radiotv10by radiotv10
28/11/2025
in IMYIDAGADURO
0
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire
Share on FacebookShare on Twitter

Ijambo ‘Nyash’ rigezweho muri iyi minsi by’umwihariko muri Afurika no mu Rwanda, aho rikoreshwa bashaka kuvuga ikibuno gishyitse ku mukobwa, gituma ugifite arangarirwa n’igitsinagabo. Ese abadafite iki gice cy’umubiri, bikwiye kubatera ipfunwe cyangwa abandi bakabibaziza babatwama?

Kugira ikibuno ku bakobwa cyangwa abagore, ni bimwe mu byo abasore n’abagabo b’Abanyafurika bakunze gushimangira bavuga ko bigaragaza imiterere inogeye ijisho.

Bamwe mu bakobwa n’abagore badafite ikibuno kinini, bakunze kugaragaza ko bitabashimishije, ndetse benshi ubu bayobotse inzu zikorerwamo imyitozo ngororamubiri, bajyanywe gusa n’imyitozo ituma iki gice cy’umubiri cyiyongera.

Ni imyitozo izwi nka ‘Squats’, aho abakobwa n’aabgore bayikora basa nk’abicara bakongera bagahaguruka, ku buryo ubikoze igihe kinini, ikibuno gitangira kwiyongera.

Hari n’abafata icyemezo bakurira rutemikirere bishyuye akayabo kugira ngo bajye kwibagisha ngo iki gice cy’umubiri wabo gitubuke, serivisi iri mu zihenze mu rwego rw’ubuvuzi, ubu isigaye inatangirwa mu Rwanda mu Bitaro Byitiriwe Umwami Fayisali.

Abakobwa badafite iki gice kinini, bakunze kuvuga ko bibateye ipfunwe, ndetse mu minsi yashize hari ababasererezaga, bakoresheje imvugo zitaboneye, nk’abagiraga bati “aragenda ukagira ngo araza, wagira ngo ahetse urugi, wagira ngo yicariye Goma,…”

Gusa ibi byose biri mu rwego rwo gukomeretsa abantu ibizwi nka ‘Harassment’ dore ko uwabibwiwe kenshi bimugiraho ingaruka ku mitekerereze ye, ku buryo hari abagera aho bakumva ko badakwiye kujya mu muhanda ngo bajye aho abandi bari.

Kutagira ikibuno kinini ku bakobwa, ntibikwiye kuba ipfunwe, kuko abantu atari bo birema, ndetse yewe bikaba atari n’amahitamo yabo, ku buryo hari ukwiye kubibaziza.

Ikindi kandi umuntu udafite icyo gice cy’umubiri kinini, ntakwiye kubigiraho ikibazo kuko atari uburwayi, ndetse bikaba bitanamugiraho ingaruka iyo ari yo yose mu buryo bw’imiterere y’umubiri.

Niba abavugwa hano na we urimo, guhera none icara utuze, wishimire imiterere yawe kuko Imana yakuremye igukunze, ikurema mu ishusho yayo, terwa ishema n’uko uteye, abagukwena ubime amatwi, ukomeze ubeho ubuzima busanzwe.

Nawe kandi niba uri mu batwama abakobwa badafite ikibuno kinini, ukwiye kwigaya, ukibuka ko uwo ukwena atari we wagize amahitamo y’imiterere ye, kandi na we wikebuke urebe ko umuntu akugenzuye yakuburaho inenge.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − seven =

Previous Post

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Next Post

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Related Posts

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy'irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.