Umunyamakuru akaba n’umuhanzi Nyarwaya Innocent wamamaye nka ‘Yago Pon Dat’ yemeje ko yatandukanye n’umukobwa babyaranye banabanaga, avuga ko yamusize akanajya umwana wabo.
Ni nyuma yuko habanje kuvugwa amakuru ko uyu munyamakuru yaba yatandukanye n’uyu mukobwa witwa Teta Christa, kubera ubutumwa bwari bwabanje gutangazwa na Yago ubwe, aho yavuze ko yahuye n’urukundo rw’ikinyoma.
Nyuma y’ubu butumwa yari yatambukije ku mbuga nkoranyambaga, uyu munyamakuru yakoze ikiganiro yanyujije kuri YouTube, avuga ibyamubayeho, byo kuba yaramaze gutandukana na Teta Christa baheruse kubyarana umwana, banabanaga.
Yagize ati “ntabwo tukiri kumwe, ni na njye ubyivugiye, ari mu muryango we. Akaba ameze neza ndetse n’umwana akaba ameze neza.”
Yago yavuze ko kuri we agikunda uyu mukobwa ndetse ko nta ruhare yagize mu kuba yamutaye akigendera akanajyana umwana wabo.
Ati “Ntabwo nigeze nirukana umuntu nakundaga, nta nubwo nigeze mukubita. Ikindi mugomba kumenya ni uko yansezeye ntari mu rugo, ndi mu kazi, anyoherereza ubutumwa ambwira ko agiye.”
Uyu munyamakuru akomeza avuga ko nubwo ari umugabo uhangana n’ibibazo, ariko ibi byamubayeho byamukomerekeje kuko yumvaga bidashoboka kuko yabyumvaga mu ndirimbo gusa.
Ati “Ibaze umuntu ukunda, mumaze kubyara umaze kubona umwana wawe w’imfura w’umuhungu, umuntu akamutwara mu byumweru bitatu. Abantu mwabyaye mwe murabizi. Umuntu akagutwara umutima mu byumweru bitatu utanahari.”
Yago yavuze ko urushako atari ikintu cyoroshye, avuga ko adatewe ipfunwe n’abamuseka, kuko ibyamubayeho bishobora no kuba ku wundi wese.
RADIOTV10