Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hamenyekanye amakuru mashya ku birori binogeye ijisho bimanura mu Rwanda ibyamamare bikomeye ku Isi

radiotv10by radiotv10
19/08/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Hamenyekanye amakuru mashya ku birori binogeye ijisho bimanura mu Rwanda ibyamamare bikomeye ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

‘Kwita Izina’, ni kimwe mu birori binogeye ijisho bituma Isi yose yerecyeza amaso mu Rwanda ruba rwakiriye abanyacyubahiro n’ibyamamare mu ngeri zinyuranye. Hatangajwe itariki izaberaho ibi birori by’uyu mwaka.

Ibi birori bizaba tairki 18 Ukwakira 2024, nk’uko byatangajwe n’abategura ibi birori byo ‘Kwita Izina’ mu butumwa bwatambutse ku mbuga nkoranyambaga, burarikira abantu kwitegura iki gikorwa.

Ubutumwa burarika abantu kuzirikana iyi tariki, bugira buti “Zirikana itariki, Ibirori ngarukamwaka byo Kwita Izina, biragarutse ku ya 18 Ukwakira 2024!”

Ubu butumwa bukomeza bugira buti “Uzifatanye natwe mu birori byo ku nshuro ya 20 byo kwita Izina abana b’Ingagi mu birori binogeye ijisho bizabera mu ntanzi za Pariki y’Igihugu y’Ibirunga.”

Ibirori nk’ibi byo Kwita Izina abana b’Ingagi, iby’umwaka ushize, byabaye tariki 01 Nzeri 2023, aho hahawe amazina abana 23, biswe n’abarimo ibyamamare bikomeye ku Isi.

Mu bitabiriye ibi birori by’umwaka ushize bafite amazina azwi ku Isi, barimo rurangiranwa mu sinema, umukinnyi wa Idris Elba n’umugore we Sabrina Dhowre Elba, aho icyo gihe banakiriwe na Perezida Paul Kagame mu Biro bye.

Mu bise amazina icyo gihe kandi, harimo Umunyarwenya Kevin Hart uri mu ba mbere ku Isi, we wise umwana hakoreshejwe amashusho yafashwe ubwo yari mu Rwanda, dore ko yari amaze igihe gito aruvuyemo, ndetse nyuma yo kumwita, akaba yararugarutsemo muri Mutarama akajya gusura uyu mwana w’Ingagi yise izina.

Mu birori by’umwaka ushize kandi, Umukinnyi wa film w’ikirangirire Winston Duke na we yari mu Rwanda yaje Kwita Ingagi izina, aho umwana yise, yamuhaye izina rya ‘Intarumikwa’.

Uyu mukinnyi wagaragaye muri film zamamaye ku Isi nka ‘Black Panter’, icyo gihe yanavuye mu Rwanda ahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda.

Idris Elba umwaka ushize yari mu Rwanda
We n’umugore we bise umwana w’ingagi muri 23 bahawe amazina
Rurangiranwa Winston Duke na we umwaka ushize yari ahari
Na we yise umwana umwe mu biswe amazina
Kevin Hart we umwana yise, yakoresheje amashusho yafashwe ubwo yari mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − seven =

Previous Post

Bwa mbere irushanwa ry’imikino y’abanyeshuri muri EAC ryafunguwe na Perezida w’Igihugu

Next Post

America yagaragaje ko yatangiye gucika intege ku byerecyeye intambara ishyigikiyemo Israel

Related Posts

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
America yagaragaje ko yatangiye gucika intege ku byerecyeye intambara ishyigikiyemo Israel

America yagaragaje ko yatangiye gucika intege ku byerecyeye intambara ishyigikiyemo Israel

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.