Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hamenyekanye amakuru mashya ku birori binogeye ijisho bimanura mu Rwanda ibyamamare bikomeye ku Isi

radiotv10by radiotv10
19/08/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Hamenyekanye amakuru mashya ku birori binogeye ijisho bimanura mu Rwanda ibyamamare bikomeye ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

‘Kwita Izina’, ni kimwe mu birori binogeye ijisho bituma Isi yose yerecyeza amaso mu Rwanda ruba rwakiriye abanyacyubahiro n’ibyamamare mu ngeri zinyuranye. Hatangajwe itariki izaberaho ibi birori by’uyu mwaka.

Ibi birori bizaba tairki 18 Ukwakira 2024, nk’uko byatangajwe n’abategura ibi birori byo ‘Kwita Izina’ mu butumwa bwatambutse ku mbuga nkoranyambaga, burarikira abantu kwitegura iki gikorwa.

Ubutumwa burarika abantu kuzirikana iyi tariki, bugira buti “Zirikana itariki, Ibirori ngarukamwaka byo Kwita Izina, biragarutse ku ya 18 Ukwakira 2024!”

Ubu butumwa bukomeza bugira buti “Uzifatanye natwe mu birori byo ku nshuro ya 20 byo kwita Izina abana b’Ingagi mu birori binogeye ijisho bizabera mu ntanzi za Pariki y’Igihugu y’Ibirunga.”

Ibirori nk’ibi byo Kwita Izina abana b’Ingagi, iby’umwaka ushize, byabaye tariki 01 Nzeri 2023, aho hahawe amazina abana 23, biswe n’abarimo ibyamamare bikomeye ku Isi.

Mu bitabiriye ibi birori by’umwaka ushize bafite amazina azwi ku Isi, barimo rurangiranwa mu sinema, umukinnyi wa Idris Elba n’umugore we Sabrina Dhowre Elba, aho icyo gihe banakiriwe na Perezida Paul Kagame mu Biro bye.

Mu bise amazina icyo gihe kandi, harimo Umunyarwenya Kevin Hart uri mu ba mbere ku Isi, we wise umwana hakoreshejwe amashusho yafashwe ubwo yari mu Rwanda, dore ko yari amaze igihe gito aruvuyemo, ndetse nyuma yo kumwita, akaba yararugarutsemo muri Mutarama akajya gusura uyu mwana w’Ingagi yise izina.

Mu birori by’umwaka ushize kandi, Umukinnyi wa film w’ikirangirire Winston Duke na we yari mu Rwanda yaje Kwita Ingagi izina, aho umwana yise, yamuhaye izina rya ‘Intarumikwa’.

Uyu mukinnyi wagaragaye muri film zamamaye ku Isi nka ‘Black Panter’, icyo gihe yanavuye mu Rwanda ahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda.

Idris Elba umwaka ushize yari mu Rwanda
We n’umugore we bise umwana w’ingagi muri 23 bahawe amazina
Rurangiranwa Winston Duke na we umwaka ushize yari ahari
Na we yise umwana umwe mu biswe amazina
Kevin Hart we umwana yise, yakoresheje amashusho yafashwe ubwo yari mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + twenty =

Previous Post

Bwa mbere irushanwa ry’imikino y’abanyeshuri muri EAC ryafunguwe na Perezida w’Igihugu

Next Post

America yagaragaje ko yatangiye gucika intege ku byerecyeye intambara ishyigikiyemo Israel

Related Posts

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko rwataye muri yombi Eric Semuhungu uzwi ku mbuga nkoranyambaga, ariko ruvuga ko rutatangaza byinshi...

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mu rugo rw’umuhanzi w’umuraperi Ngenzi Serge wamenyekanye nka Neg G The General, utuye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, rutangaza ko iperereza...

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

IZIHERUKA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi
MU RWANDA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

11/04/2026
Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
America yagaragaje ko yatangiye gucika intege ku byerecyeye intambara ishyigikiyemo Israel

America yagaragaje ko yatangiye gucika intege ku byerecyeye intambara ishyigikiyemo Israel

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.