Thursday, November 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Andi makuru yahise amenyekana ku itsinda ry’abagore b’ikimero ryanyeganyeje imbuga nkoranyambaga

radiotv10by radiotv10
18/04/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Andi makuru yahise amenyekana ku itsinda ry’abagore b’ikimero ryanyeganyeje imbuga nkoranyambaga

Kigali Boss Babes ubwo bayishingaga

Share on FacebookShare on Twitter

Itsinda ryiswe ‘Kigali Boss Babes’ ryabaye inkuru y’umunsi mu myidagaduro yo mu Rwanda, hahise hamenyekana andi makuru yaryo na kimwe mu bikorwa rigiye guhita ritangiriraho.

Kuri uyu wa Mbere tariki 17 Mata 2023, imwe mu nkuru zagarutsweho mu myidagaduro yo mu Rwanda, ni iya ‘Kigali Boss Babes’, itsinda rihuriyemo abagore batandatu b’ikimero n’ubwiza bidasanzwe, basanzwe bazwi mu Rwanda.

Muri bo, harimo abasanzwe bazwi muri sinema Nyarwanda, nka Alliah Cool ubu uyoboye abari n’abategarugori bakina film mu Rwanda, ndetse n’abasanzwe bazwi mu by’imideri no kugaragaza ubwiza.

Ni itsinda bivugwa ko ryagiye hanze ku Cyumweru tariki 16 Mata 2023, ubwo bahuriraga muri imwe muri Hoteli muri Kigali, bakiga ku mishinga bashaka gukorera hamwe.

Ubwo hatangazwaga inkuru y’iri tsinda, bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, basigaranye amatsiko menshi, bibaza icyo iri tsinda rigamije, n’uburyo ryavutse.

Amakuru ahari ubu, avuga ko iri tsinda ry’abagore basanzwe bazwiho gukoresha imbuga nkoranyambaga cyane, bagiye gutangiza ikiganiro bise ‘Reality TV Show’ kizajya kigaruka ku buzima bwabo bwite, n’imibereho yabo ndetse n’ubw’abandi bantu basanzwe bafite amazina azwi na benshi.

Aba bagore bose bazwiho kuba babayeho mu buzima buhenze, ndetse bamwe bakaba bakunze kugaragara batembereye mu Bihugu binyuranye, bagiye kurya ubuzima.

Bivugwa ko amashusho y’iki kiganiro cyabo, azatunganywa n’umwe mu bazwiho gutunganya no kuyobora film wo muri Nigeria uzwi nka Ajalaja Stanley.

Uyu Munya-Nigeria wari mu Rwanda mu bihe bishize, yari yitabiriye itangwa ry’ibihembo bya Sinema bizwi nka Rwanda International Movie Awards.

Amashusho y’iki kiganiro kizajya gitambuka kuri YouTube, azatangira gufatwa muri Kamena n’uyu muhanga mu kuyobora sinema wo muri Nigeria.

Iki kiganiro ‘Reality TV Show’, ni umwe mu mishinga y’iri tsinda Kigali Boss Babes, rigizwe n’aba bagore basanzwe bafite uko bihagazeho ku ikofi, ndetse bakaba bavuga ko gishobora no kuzabinjiriza agatutse.

Alliah Cool
Isimbi Model

Queen Douce
Camille Yvette
Christelle ku kimero cye abamuhiga ni bacye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 2 =

Previous Post

Soudan: Ibyabaye ku Mudipolomate ukomeye ntawabitekerezaga ko byatinyukwa

Next Post

Kwibuka29-Nyange: Hahishuwe ibindi bigaragaza urwango Padiri Seromba yangaga Abatutsi

Related Posts

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

by radiotv10
13/11/2025
0

Umuhanzi Robert Ssentamu Kyagulanyi, uzwi cyane ku izina rya Bobi Wine akaba n’umwe mu banyapotiki bakomeye batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa...

Ubutumwa Yampano yageneye abafana n’Abanyarwanda muri rusange ku by’amashusho yavuzweho byinshi

Ubutumwa Yampano yageneye abafana n’Abanyarwanda muri rusange ku by’amashusho yavuzweho byinshi

by radiotv10
13/11/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yasabye imbabazi abafana be n’Abanyarwanda bose muri rusange ku bw’amashusho ye y’ibanga yagiye hanze,...

Israel Mbonyi yatangaje igihe hazabera igitaramo ngarukamwaka cye kiba gitegerejwe na benshi

Israel Mbonyi yatangaje igihe hazabera igitaramo ngarukamwaka cye kiba gitegerejwe na benshi

by radiotv10
13/11/2025
0

Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi, yatangaje ko igitaramo ngarukamwaka yise ‘Icyambu’ kigiye kuba ku nshuro ya...

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

by radiotv10
12/11/2025
0

Umuhanzi Yampano, yatangaje ko yamaze gutanga ikirego aregamo uwashyize hanze amashusho agaragaramo we n'umukunzi we bari mu gikorwa cy’ibanga, anasobanura...

Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

by radiotv10
12/11/2025
0

Umuhanzi Yampano, nyuma y’isakara ry’amashusho y’urukozasoni agaragaramo, we akomeje kumenyekanisha indirimbo ye nshya yise ‘Samalaya’, aho noneho yisunze abarimo Umuvangamiziki...

IZIHERUKA

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua
IMIBEREHO MYIZA

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

by radiotv10
13/11/2025
0

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

13/11/2025
Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

13/11/2025
Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

13/11/2025
Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

13/11/2025
Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

13/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwibuka29-Nyange: Hahishuwe ibindi bigaragaza urwango Padiri Seromba yangaga Abatutsi

Kwibuka29-Nyange: Hahishuwe ibindi bigaragaza urwango Padiri Seromba yangaga Abatutsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.