Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Andi makuru yahise amenyekana ku itsinda ry’abagore b’ikimero ryanyeganyeje imbuga nkoranyambaga

radiotv10by radiotv10
18/04/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Andi makuru yahise amenyekana ku itsinda ry’abagore b’ikimero ryanyeganyeje imbuga nkoranyambaga

Kigali Boss Babes ubwo bayishingaga

Share on FacebookShare on Twitter

Itsinda ryiswe ‘Kigali Boss Babes’ ryabaye inkuru y’umunsi mu myidagaduro yo mu Rwanda, hahise hamenyekana andi makuru yaryo na kimwe mu bikorwa rigiye guhita ritangiriraho.

Kuri uyu wa Mbere tariki 17 Mata 2023, imwe mu nkuru zagarutsweho mu myidagaduro yo mu Rwanda, ni iya ‘Kigali Boss Babes’, itsinda rihuriyemo abagore batandatu b’ikimero n’ubwiza bidasanzwe, basanzwe bazwi mu Rwanda.

Muri bo, harimo abasanzwe bazwi muri sinema Nyarwanda, nka Alliah Cool ubu uyoboye abari n’abategarugori bakina film mu Rwanda, ndetse n’abasanzwe bazwi mu by’imideri no kugaragaza ubwiza.

Ni itsinda bivugwa ko ryagiye hanze ku Cyumweru tariki 16 Mata 2023, ubwo bahuriraga muri imwe muri Hoteli muri Kigali, bakiga ku mishinga bashaka gukorera hamwe.

Ubwo hatangazwaga inkuru y’iri tsinda, bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, basigaranye amatsiko menshi, bibaza icyo iri tsinda rigamije, n’uburyo ryavutse.

Amakuru ahari ubu, avuga ko iri tsinda ry’abagore basanzwe bazwiho gukoresha imbuga nkoranyambaga cyane, bagiye gutangiza ikiganiro bise ‘Reality TV Show’ kizajya kigaruka ku buzima bwabo bwite, n’imibereho yabo ndetse n’ubw’abandi bantu basanzwe bafite amazina azwi na benshi.

Aba bagore bose bazwiho kuba babayeho mu buzima buhenze, ndetse bamwe bakaba bakunze kugaragara batembereye mu Bihugu binyuranye, bagiye kurya ubuzima.

Bivugwa ko amashusho y’iki kiganiro cyabo, azatunganywa n’umwe mu bazwiho gutunganya no kuyobora film wo muri Nigeria uzwi nka Ajalaja Stanley.

Uyu Munya-Nigeria wari mu Rwanda mu bihe bishize, yari yitabiriye itangwa ry’ibihembo bya Sinema bizwi nka Rwanda International Movie Awards.

Amashusho y’iki kiganiro kizajya gitambuka kuri YouTube, azatangira gufatwa muri Kamena n’uyu muhanga mu kuyobora sinema wo muri Nigeria.

Iki kiganiro ‘Reality TV Show’, ni umwe mu mishinga y’iri tsinda Kigali Boss Babes, rigizwe n’aba bagore basanzwe bafite uko bihagazeho ku ikofi, ndetse bakaba bavuga ko gishobora no kuzabinjiriza agatutse.

Alliah Cool
Isimbi Model

Queen Douce
Camille Yvette
Christelle ku kimero cye abamuhiga ni bacye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Soudan: Ibyabaye ku Mudipolomate ukomeye ntawabitekerezaga ko byatinyukwa

Next Post

Kwibuka29-Nyange: Hahishuwe ibindi bigaragaza urwango Padiri Seromba yangaga Abatutsi

Related Posts

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano yavuze ko uretse ibibazo by’amashusho ye y’urukozasoni yasakaye, yanagize ibindi byago bikomeye byo gupfusha...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru Fiona Mbabazi umaze imyaka ane asezeye igitangazamakuru yakoreraga, agiye kumvikana ku yindi radio yo mu Rwanda, imaze iminsi iri...

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamideli Isimbi Model yasangije abantu ku mbuga nkoranyambaga amafoto agaragaza yenda kwibaruka imfura ye n’umugabo we w’Umunya-Israel Shaul Hatzir bamaze...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

by radiotv10
02/01/2026
0

Amateka yiyanditse mu myidagaruro yo mu Rwanda, nyuma yuko ibyifujwe na benshi bikanazamura impaka, bibaye. Nta bindi ni igitaramo cyahuriyemo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yihanganishije General Doumbouya wa Guinea ku bw’ibyago byabaye mu Gihugu cye
MU RWANDA

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

by radiotv10
05/01/2026
0

Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu

Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu

05/01/2026
Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

05/01/2026
Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwibuka29-Nyange: Hahishuwe ibindi bigaragaza urwango Padiri Seromba yangaga Abatutsi

Kwibuka29-Nyange: Hahishuwe ibindi bigaragaza urwango Padiri Seromba yangaga Abatutsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.