Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Andi makuru yahise amenyekana ku itsinda ry’abagore b’ikimero ryanyeganyeje imbuga nkoranyambaga

radiotv10by radiotv10
18/04/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Andi makuru yahise amenyekana ku itsinda ry’abagore b’ikimero ryanyeganyeje imbuga nkoranyambaga

Kigali Boss Babes ubwo bayishingaga

Share on FacebookShare on Twitter

Itsinda ryiswe ‘Kigali Boss Babes’ ryabaye inkuru y’umunsi mu myidagaduro yo mu Rwanda, hahise hamenyekana andi makuru yaryo na kimwe mu bikorwa rigiye guhita ritangiriraho.

Kuri uyu wa Mbere tariki 17 Mata 2023, imwe mu nkuru zagarutsweho mu myidagaduro yo mu Rwanda, ni iya ‘Kigali Boss Babes’, itsinda rihuriyemo abagore batandatu b’ikimero n’ubwiza bidasanzwe, basanzwe bazwi mu Rwanda.

Muri bo, harimo abasanzwe bazwi muri sinema Nyarwanda, nka Alliah Cool ubu uyoboye abari n’abategarugori bakina film mu Rwanda, ndetse n’abasanzwe bazwi mu by’imideri no kugaragaza ubwiza.

Ni itsinda bivugwa ko ryagiye hanze ku Cyumweru tariki 16 Mata 2023, ubwo bahuriraga muri imwe muri Hoteli muri Kigali, bakiga ku mishinga bashaka gukorera hamwe.

Ubwo hatangazwaga inkuru y’iri tsinda, bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, basigaranye amatsiko menshi, bibaza icyo iri tsinda rigamije, n’uburyo ryavutse.

Amakuru ahari ubu, avuga ko iri tsinda ry’abagore basanzwe bazwiho gukoresha imbuga nkoranyambaga cyane, bagiye gutangiza ikiganiro bise ‘Reality TV Show’ kizajya kigaruka ku buzima bwabo bwite, n’imibereho yabo ndetse n’ubw’abandi bantu basanzwe bafite amazina azwi na benshi.

Aba bagore bose bazwiho kuba babayeho mu buzima buhenze, ndetse bamwe bakaba bakunze kugaragara batembereye mu Bihugu binyuranye, bagiye kurya ubuzima.

Bivugwa ko amashusho y’iki kiganiro cyabo, azatunganywa n’umwe mu bazwiho gutunganya no kuyobora film wo muri Nigeria uzwi nka Ajalaja Stanley.

Uyu Munya-Nigeria wari mu Rwanda mu bihe bishize, yari yitabiriye itangwa ry’ibihembo bya Sinema bizwi nka Rwanda International Movie Awards.

Amashusho y’iki kiganiro kizajya gitambuka kuri YouTube, azatangira gufatwa muri Kamena n’uyu muhanga mu kuyobora sinema wo muri Nigeria.

Iki kiganiro ‘Reality TV Show’, ni umwe mu mishinga y’iri tsinda Kigali Boss Babes, rigizwe n’aba bagore basanzwe bafite uko bihagazeho ku ikofi, ndetse bakaba bavuga ko gishobora no kuzabinjiriza agatutse.

Alliah Cool
Isimbi Model

Queen Douce
Camille Yvette
Christelle ku kimero cye abamuhiga ni bacye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Soudan: Ibyabaye ku Mudipolomate ukomeye ntawabitekerezaga ko byatinyukwa

Next Post

Kwibuka29-Nyange: Hahishuwe ibindi bigaragaza urwango Padiri Seromba yangaga Abatutsi

Related Posts

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banitaga ‘Umwamikazi wazo’, yagaragaje ko umwaka ushize wamubereye uw’imitwaro, ariko...

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwibuka29-Nyange: Hahishuwe ibindi bigaragaza urwango Padiri Seromba yangaga Abatutsi

Kwibuka29-Nyange: Hahishuwe ibindi bigaragaza urwango Padiri Seromba yangaga Abatutsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.