Wednesday, May 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hamenyekanye urupfu rw’uwabaye Bugumesitiri wahamijwe Jenoside wapfiriye muri Mali

radiotv10by radiotv10
16/09/2023
in MU RWANDA
1
Hamenyekanye urupfu rw’uwabaye Bugumesitiri wahamijwe Jenoside wapfiriye muri Mali
Share on FacebookShare on Twitter

Gacumbisti Sylvestre wabaye Burugumesitiri w’iyahoze ari Komini ya Rusumo, wari waraburanishirijwe i Arusha muri Tanzania, agahamywa gukora Jenoside yakorewe Abatutsi, agakatirwa burundu, byamenyekanye ko yapfiriye muri Gereza muri Mali.

Amakuru yizewe agera kuri RADIOTV10, aremeza ko Gacumbisti Sylvestre, yaguye muri Gereza yari afungiyemo muri Mali, ku wa Mbere w’iki Cyumweru tariki 11 Nzeri 2023, aho yari yaroherejwe kurangiriza igihano cyo gufungwa burundu yari yarakatiwe n’Urukiko Mpanabyaha rwari rwarashyiriweho u Rwanda ICTR/TPIR.

Gacumbitsi yazize uburwayi yari amaranye igihe muri Gereza, akaba yaguye mu bitaro yari arwariyemo byo muri Mali yajyanywemo avanywe muri Gereza nyuma yo kuremba.

Hari amakuru avuga ko abo mu muryango we baba hanze biganjemo ababa ku Mugabane w’u Burayi, bari gukusanya amafaranga yo kugira ngo uyu Munyarwanda wabaye Burugumesitiri wa Rusumo, ashyingurwe.

Gacumbisti Sylvestre yahamijwe ibyaha yakoze muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yakoreye by’umwihariko mu yahoze ari Komini Rusumo yanayoboraga, birimo no gusambanya abagore muri Jenoside n’ibyaha byibasiye inyokomuntu.

Muri 2004, Urukiko Mpanabyaha rwari rwarashyiriweho u Rwanda (ICTR/TPIR), rwari rwakatiye Gacumbitsi igifungo cy’imyaka 30, arajurira, aza gukatirwa gufungwa burundu muri 2006.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Jean says:
    3 years ago

    Harya ubwo iyo tariki twayigezeho? Ubwo ayo makuru twakwizera ko afite ubuziranenge?

    Reply

Leave a Reply to Jean Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Kayonza: Abigisha mu marerero bahishuye ikibazo bamaranye amezi atatu

Next Post

Prince Kid wujuje ibyumweru 2 akoze ubukwe yagarutse imbere y’Urukiko

Related Posts

Hafashwe icyemezo gitesha agaciro umwanzuro wari wafashwe wo guhagarika iperereza kuri Agathe Kanziga

Hafashwe icyemezo gitesha agaciro umwanzuro wari wafashwe wo guhagarika iperereza kuri Agathe Kanziga

by radiotv10
06/05/2026
0

Urukiko mu Bufaransa rwemeje ko iperereza kuri Agathe Kanziga, umugore wa Habyarimana Juvenal wabaye Perezida w’u Rwanda, ku ruhare akekwaho...

Perezida Kagame yageze muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Perezida Kagame yageze muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

by radiotv10
06/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yageze muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri ku butumire bwa mugenzi we Duma Gideon Boko,...

Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse

Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse

by radiotv10
06/05/2026
0

Hon. Gatabazi Jean Marie Vianney, Komiseri muri Komisiyo y'Igihugu yo Gusezerera no Gusubiza mu Buzima busanzwe Abari Abasirikare, yatangaje ko...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yitabiriye imurikabikorwa rikomeye ry’intwaro muri Türkiye

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yitabiriye imurikabikorwa rikomeye ry’intwaro muri Türkiye

by radiotv10
06/05/2026
0

General Mubarakh Muganga ari Istanbul muri Türkiye ahari kubera imurika mpuzamahanga ry’intwaro, akaba yanaganiriye na migenzi we w’iki Gihugu General...

Umukozi w’Umurenge ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 1,5Frw akoresheje amayeri ngo yashakaga gukemura akabazo

Umukozi w’Umurenge ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 1,5Frw akoresheje amayeri ngo yashakaga gukemura akabazo

by radiotv10
06/05/2026
0

Umukozi ushinzwe ibururamari mu Murenge wa Rwimiyaga mu Karere ka Nyagatare, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB rumukurikiranyeho kunyereza...

IZIHERUKA

Hafashwe icyemezo gitesha agaciro umwanzuro wari wafashwe wo guhagarika iperereza kuri Agathe Kanziga
MU RWANDA

Hafashwe icyemezo gitesha agaciro umwanzuro wari wafashwe wo guhagarika iperereza kuri Agathe Kanziga

by radiotv10
06/05/2026
0

Perezida Kagame yageze muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Perezida Kagame yageze muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

06/05/2026
Icyemezo Trump yafashe cyatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita bigabanuka ku gipimo cyiza

Icyemezo Trump yafashe cyatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita bigabanuka ku gipimo cyiza

06/05/2026
Polisi ya Uganda yafashe abarimo Abanya-Nigeria bakekwaho ibyaha bikomeye inafata intwaro n’imyambaro ya gisirikare

Polisi ya Uganda yafashe abarimo Abanya-Nigeria bakekwaho ibyaha bikomeye inafata intwaro n’imyambaro ya gisirikare

06/05/2026
Umunyeshuri utwite wo muri Kaminuza muri Uganda yapfukamishijwe imbere kubera kwiba telefone

Umunyeshuri utwite wo muri Kaminuza muri Uganda yapfukamishijwe imbere kubera kwiba telefone

06/05/2026
Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse

Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse

06/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Prince Kid wujuje ibyumweru 2 akoze ubukwe yagarutse imbere y’Urukiko

Prince Kid wujuje ibyumweru 2 akoze ubukwe yagarutse imbere y'Urukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hafashwe icyemezo gitesha agaciro umwanzuro wari wafashwe wo guhagarika iperereza kuri Agathe Kanziga

Perezida Kagame yageze muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Icyemezo Trump yafashe cyatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita bigabanuka ku gipimo cyiza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.