Davis Kasirye wakiniye Rayon Sports yasinye muri KCCA FC

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Davis Kasirye wakinnye muri Rayon Sports yasinye amasezerano y’umwaka umwe muri KCCA FC y’iwabo muri Uganda avuye muri UPDF FC.

Davis w’imyaka 26 wanabaye muri Rayon Sports akaba rutahizamu wanakoze agahigo ko kwinjiza ibitego bitatu mu izamu rya APR FC (hat-trick), kuri ubu nta kipe yari afite nyuma yo gusoza amasezerano muri UPDF FC, ikipe yagezemo aviye muri Vipers SC atagiriyemo ibihe byiza.

Izindi Nkuru

Nk’uko bigaragara ku rubuga rwa interineti rwa KCCA FC, Davis Kasirye yasinye amasezerano y’umwaka umwe ariko hakaba harimo ingingo ivuga ko ushobora kongerwaho undi umwe bitewe n’uburyo yaba ahagaze mu kibuga.

Image

Davis Kasirye yakiriwe muri KCCA FC

Kasirye yakiniye Vipers SC, DC Motema Pembe (DRC), Zesco United (Zambia), Rayon Sports (Rwanda) na URA FC, akaba ayabaye umukinnyi wa 11 KCCA FC yinjije mushya nyuma ya Brian Majwega, Brian Kayanja, Geofrey Wasswa, Emmanuel Wasswa, Usama Arafati, Yassar Mugerwa, Innocent Wafula Esimu, Rogers Mato, Derrick Ochan na Benjamin Ochan.

Kasirye in $90,000 move to Motema Pembe | The New Times | Rwanda

Davis Kasirye akiri muri Rayon Sports

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru